IMIKINO

Abafana ba Rayon Sports barashimira RGB yabakuye mu bibazo by’imiyoborere mibi

Kuri ubu abafana ba Rayon Sports bari baragiye mu gihirahiro kubera ikipe yabo yari iyobowe nabi barivuga imyato nyuma y’uko RGB ibafashije igacoca ibyo bibazo bikajya ku murongo.

Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, Dr Usta Kaitesi yatangaje ko Abakunzi ba Rayon Sports babashima kubera gushyira ku murongo imiyoborere y’ikipe yabo.

Madamu Kaitesi yabitangarije abanyamakuru kuri iki Cyumweru, tariki 5 Gicurasi 2024 ubwo hasozwaga Imikino y’Umurenge Kagame Cup mu karere ka Rubavu.

Uyu muyobozi yavuze ko ikipe ya Rayon Sports yagarutse ku murongo nyuma y’amakimbirane yabaye mu buyobozi bwayo bigatera akavuyo gakomeye.

Yagize ati “Amakimbirane yari mu ikipe yari akomeye mwibuke ko byabaye mu bihe bya Covid nta mikino ihari, bivuze ko ibyo bapfaga atari imikino. Icyo twakemuye rero cyari ikibazo cy’imiyoborere kandi hari abagiye batubwira ko ubu ntakibazo cy’imiyoborere ikipe ifite.”

Nubwo bimeze bityo, bamwe mu bafana ba Rayon Sports ntibasiba kuvuga ko bambuwe ikipe yabo icyo bita gutsindagirwa umuyobozi.

Kaitesi avuga ko abakomeje kuvuga ko bambuwe ikipe wasanga bari bafite inyungu bayikuramo bityo ikaba yarabuze.

Ati “Ntabwo nzi abitwa ba nyiri ikipe gusa umuryango utari uwa leta ntabwo ugira abafite amazina bwite ahubwo uba ushingiye ku nyungu rusange. Abayobozi b’ikipe ntabwo ari ba nyirayo.”

Yakomeje agira ati “Ubwo wasanga hari uwari ufite inyungu bwite yakuraga mu ikipe. Ubuyobozi bwariho bwandikiye Perezida wa Repubulika tuza gukemura ibibazo bw’imiyoborere.”

Mu Ukwakira 2024, Perezida w’Umuryango wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle, azaba asoje manda ye y’imyaka ine.

Kaitesi yavuze ko n’ubu Aba-Rayons bafite uburenganzira bwo kwitorera ubuyobozi mu gihe bemera icyerekezo cy’ikipe.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago