Miss Nimwiza Meghan wari umuvugizi w’irushanwa rya Miss Rwanda yatandukanye n’ubuyobozi bw’iri rushanwa.
Itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’irushanwa rya Miss Rwanda, bwatangaje ko Nimwiza Meghan atakibarizwa muri iki kigo.
Rigira riti “ Turashaka kumenyesha abantu bose ko Nimwiza Meghan yatandukanye n’umuryango wa Miss Rwanda”.
Bakomeje bamushimira umurava yakoranye mu gihe yari amaze ashinzwe itumanaho ndetse ari umuvugizi w’irushanwa rya Miss Rwanda kuva mu 2021.
Ntabwo hatangajwe icyatumye batandukana ariko hari amakuru avuga ko hari hashize iminsi hari ukutumvikana hagati y’uyu mukobwa n’ubuyobozi bw’irushanwa.
Yari umwe mu bakobwa batsindiye ikamba rya Miss Rwanda bari barahawe akazi muri ryo nyuma ya Iradukunda Elsa na Iradukunda Liliane.
Mu minsi ishize ubwo habaga amajonjora y’ibanze ya Miss Rwanda 2022 Rukundo Patrick uri mu bashinzwe imbuga nkoranyambaga za Miss Rwanda yatangaje ko yatandukanye nabo ariko nyuma aza kongera gukomeza akazi.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…
Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, kuwa 05/05/2024 Abantu bataramenyekana baraye bateye za Grenade mu…