Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid wayoboraga Kampani itegura Miss Rwanda,yitabye Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro ku ncuro ya mbere, urubanza rurasubikwa
Uyu musore ari gukurikiranwaho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bivugwa ko yakoreye bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye.
Kuri uyu wa 11 Gicurasi 2022 nibwo Prince Kid yatangiye kwitaba Urukiko aburana ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Uyu musore ubwo yari ageze imbere y’Inteko iburanisha, yavuze ko afite umwunganira mu mategeko ariko ntiyari yakageze mu cyumba cy’iburanisha.
Me Nyembo ni umwe mu banyamategeko baburana imanza z’ihohoterwa rishingiye ku gitsina niwe watangiye kunganira mu mategeko Prince Kid ku byaha aregwa.
Gusa iburanisha ry’uyu munsi rikaba ryasubitswe kuko Me Nyembo yatanze inzitizi y’uko atabashije kubona ikirego cy’ubushinjacyaha.
Umucamanza yemeje ko urubanza ruzasubukurwa ku wa Gatanu tariki 13 Gicurasi 2022 saa tatu.
Mu cyumweru gishize nibwo RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’uyu musore igaragaza ko akurikiranyweho ibyaha bitatu aribyo: gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.
Kuri uyu wa Kane tariki 2 Gicurasi 2024, byemejwe ko ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'Umupira…
Polisi ishami rishinzwe ibizamini n'impushya zo gutwara ibinyabiziga ryemeje ko rigiye gutangira gukoresha ibizamini hifashishijwe…
Nyuma y'uko ikipe ya Rayon Sports y'Abagore ishyikirijwe igikombe yarimaze gutsindira mu irushanwa ry'igikombe cy'Amahoro…
Igikapu umuraperi Lil Uzi aherutse guserukana ku rubyiniro mu gitaramo cya Coachella mu cyumweru gishize…
Umukinnyi wa Basketball y'abagore Brittney Griner, ukina muri NBA yatangaje ko yatekereje kwiyahura mu byumweru…
Perezida Ndayishimiye Evariste ubwo yitabiraga umuhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'umurimo mu Ntara ya Kayanza…