INKURU ZIDASANZWE

Rutikanga Ferdinand watangije Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda yitabye Imana

Rutikanga Ferdinand wakunze kuvuga ko ari we watangije Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda yitabye Imana azize uburwayi kuri uyu wa 11 Nyakanga 2022.

Umugore wa Rutikanga Ferdinand ni we wahamije amakuru y’urupfu rw’umugabo we wamamaye cyane nk’umwe mu bakinnye bwa mbere umukino w’iteramakofe.

Yavuze ko yitabye Imana saa Tatu za nijoro zo kuri uyu wa 11 Nyakanga 2022.

Amakuru ahari avuga ko uyu mugabo wari urwaye indwara zirimo umuvuduko w’amaraso, impyiko na kanseri yo mu maraso yaguye iwe mu rugo ubwo yari amaze kunywa imiti.

Rutikanga Ferdinand wari usanzwe atuye i Ndera kugeza ubu umubiri we ukaba uri mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Masaka.

Rutikanga yavuze ko yatangije Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda mu 1972., yawutangiriye mu cyahoze ari Zaïre.

Ku wa 24 Kanama 2018 ubwo yari afite imyaka 60 y’amavuko ni bwo Rutikanga yasezeye ku iteramakofe mu mukino wamuhuje n’impanga ye Ndagijimana Sylvain bakinanaga.

Mu biganiro byinshi, Rutikanga yakundaga kuvuga ko yakubitaga amakofi aremereye, apima ibilo byinshi.

Rutikanga yakundaga kwivuga imyato yagaritse “Umutanzaniya’’ bakamusaka inyundo.

Umukino ukomeye yibukirwaho ngo ni uwo yakiniye kuri Stade Umuganda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo yakubitaga Umuzayirwa ngo ‘akamuca ururimi.’

Rutikanga Ferdinand mu 1970 yatwaye umudali mu mikino yabereye i Lubumbashi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu cyahoze ari yitwa Zaïre.

Uyu musaza wabaye muri Club Inkuba Zesa yabaye n’umusifuzi w’Iteramakofe mu Rwanda

DomaNews.rw

Recent Posts

Hatangajwe ingengabihe y’Amavubi mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi

Kuri uyu wa Kane tariki 2 Gicurasi 2024, byemejwe ko ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'Umupira…

7 hours ago

Hatangajwe igihe cyo gukorera impushya hifashishijwe ikoranabuhanga mu Busanza

Polisi ishami rishinzwe ibizamini n'impushya zo gutwara ibinyabiziga ryemeje ko rigiye gutangira gukoresha ibizamini hifashishijwe…

8 hours ago

FERWAFA yakomoje ku gikombe yahaye Rayon Sports kikameneka kitarenze umutaru

Nyuma y'uko ikipe ya Rayon Sports y'Abagore ishyikirijwe igikombe yarimaze gutsindira mu irushanwa ry'igikombe cy'Amahoro…

12 hours ago

Igikapu Lil Uzi aherutse guserukana ku rubyiniro gihagaze arenga miliyoni 200 y’u Rwanda

Igikapu umuraperi Lil Uzi aherutse guserukana ku rubyiniro mu gitaramo cya Coachella mu cyumweru gishize…

12 hours ago

Umukinnyi wa Basketball y’abagore Brittney Griner yahishuye uko yaragiye kwiyahura ubwo yarafungiye mu Burusiya

Umukinnyi wa Basketball y'abagore Brittney Griner, ukina muri NBA yatangaje ko yatekereje kwiyahura mu byumweru…

14 hours ago

Burundi: Perezida Evariste Ndayishimiye yabwiye abenegihugu ko aribo biteza ubukene

Perezida Ndayishimiye Evariste ubwo yitabiraga umuhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'umurimo mu Ntara ya Kayanza…

20 hours ago