Ibihugu birimo Canada, Mexico, n’Amerika kuri uyu wa Mbere tariki 8 Mata 2024, ku isaha ya Saa Munani n’iminota irindwi z’amanywa (i Washington DC) habaye ubwirakabiri bw’izuba bwuzuye (tatal solar eclipse).
Icyo gihe hari Saa Mbili n’iminota irindwi z’ijoro ku isaha y’i Kigali.
Abatuye Mexique ni bo babanje kububona nk’uko byari biteganyijwe, bikomereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse byitezwe ko bisoreza muri Canada saa tatu n’igice z’ijoro ku isaha y’i Kigali.
Ubwirakabiri bw’Izuba bwuzuye bubaho iyo Ukwezi kunyuze hagati y’Izuba n’Isi, kugakingiriza Izuba ryose ntiribashe kugaragara mu bice by’Isi igicucu cyako kiringaniye nabyo. Abari muri ibyo bice bahita babura umucyo, bakisanga mu mwijima.
Ubwirakabiri bwo muri ubu bwoko bwaherukaga kuba ku wa 21 Kanama 2017. Ubundi nkabwo biteganyijwe ko buzaba mu 2044.
Uretse kuba ari ibintu byahuruje benshi bifuza kubireba cyane ko ari imboneka rimwe, ibitangazamakuru bikomeye ku Isi nka ABC, ABC News Live, National Geographic Channel, Nat Geo WILD, Disney+ na Hulu byerekanye imbonankubone (live) uko ubwo bwirakabiri bugenda.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…