Erik Ten Hag wagiye ushidikanwaho muri Manchester united aritegura gusinyira andi masezerano mashya akazakorana n’umwe mu banyabigwi

Umutoza w’ikipe ya Manchester united, Erik Ten Hag aritegura gusinya andi masezerano mashya muri iy’ikipe nk’uko impande zombie zamaze kumvikana.

Nk’uko amakuru menshi akomeje kuvugwa ngo Erik Ten Hag n’ikipe ya Manchester united ibiganiro bigeze kure.

Umutoza Erik Ten Hag ariko kandi arifuza kugarura uwahoze ari rutahizamu wa Manchester United, Ruud Van Nistelrooy, kugira ngo bafatikanye mu rugendo rwo kongera gusubiza ijambo iy’ikipe yahoranye.

Ruud Van Nistelrooy ashobora gukorana n’umutoza Erik Ten Hag muri Manchester united

N’ibiganiro byamaze kumvwa ku mpande zombi, aho byitezwe ko bitarenze iki cyumweru harajya hanze amakuru yerekeranye n’isinyishwa ry’amasezerano mashya kuri aba batoza muri Manchester united.

Erik Ten Hag wagendeye ku kagozi akabona agasoje mu mwaka w’imikino umwaka 2023-2024, raporo ivuga ko kuri ubu yahawe amahirwe yo kongera gutoza ikipe ya Manchester united aheruka guhesha igikombe cya FA Cup.

Manchester united yegukanye FA Cup umwaka 2023-2024 itsinze Manchester city

Amakuru yo kugarura Ruud Van Nistelrooy wagiriye ibihe byiza muri Manchester united by’umwihariko muri Premier League ngo bizatuma bamwe mu bakunzi b’iy’ikipe bongera kwiyumvamo ikipe yabo.

Uyu rutahizamu Ruud Van Nistelrooy muri Manchester united yabashije gutsinda ibitego 150 mu mikino 219 yayikiniye.

Ruud Van Nistelrooy byitezwe ko ashobora gusimbura uwari umwungiriza wa Manchester united Mitchell Van der Gaag cyangwa umwe mu batoza b’imbere Benni McCarthy amasezerano yabo arangirana n’uku kwezi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *