Perezida Museveni yaburiye urubyiruko rushaka gukora imyigaragambyo

Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweri Museveni yaburiye urubyiruko rushaka kwishora mu mihanda rukora ibijyanye n’imyigaragambyo mu Mujyi wa Kampala.

Perezida Museveni yabwiye urwo rubyiruko ko yamaze kurufatira ingamba zikakaye mugihe cyose bakwiha gukora imyigaragambyo.

Ni imyigaragambyo y’urubyiruko iteganyijwe ku wa Kabiri tariki ya 23 Nyakanga i Kampala yiswe iyo kwamagana ruswa ivugwa mu nteko ishinga amategeko ya Uganda.

Perezida Museveni yagize ati “Abantu bamwe barimo abo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi bafatanyije n’abanyamahanga, barateganya guteza imvururu biciye mu rugomo n’imyigaragambyo itemewe n’amategeko. Ibyo bikorwa n’ibikomeza, izindi ngamba zishobora gufatwa”.

Urubyiruko rw’abanya-Uganda ku rundi ruhande ruvuga ko rubangamiwe na ruswa ivugwa muri Guverinoma ya Uganda ituma mu gihugu haba imitangire mibi ya serivisi.

Amakuru yabyutse avuga ko mu rwego rwo gukumira iyi myigaragambyo kandi kuva kuri uyu wa Mbere inzego z’umutekano za Uganda zagose ibiro by’ishyaka NUP rya Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi, nyuma y’igihe ahamagarira urubyiruko gutangiza ibikorwa byo kwigaragambya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *