IMIKINO

Pep Guardiola utoza Manchester City yaciye impaka ku mukinnyi urenze hagati ya Haaland na Messi

Umutoza w’ikipe ya Manchester City Pep Guardiola yavuze ko rutahizamu Erling Haaland adashobora kuzagera ku rwego rw’umukinnyi w’umunya-Argentine Lionel Messi.

Halaand ukomoka muri Norvège amaze gutsinda ibitego 50 muri 34 yatsindiye muri shampiyona yo mu Bwongereza n’andi marushanwa yaho hamwe n’ibitego 12 amaze gutsinda muri shampiyona y’Uburayi (Champions League).

Rutahizamu Erling Haaland akomeje gukora amateka muri ruhago

Ubwo yabazwaga uko yagereranya n’umukinnyi wahoze ari kapiteni wa Barcelone Lionel Messi Pep Guardiola yagize ati “Nta muntu ushobora kugereranya na Messi. Ntabwo biramufasha Erling.”

Ati “Messi n’umukinnyi wujuje ibisabwa kubyo nabonye muri ibi bihe, uko atwara umupia, gutanga imipira, guhiganwa, mu bintu byinshi rero biragoye.”

Ati “Reka twizere ko Erling ashobora kuzaba hafi y’ibya Leo – ibyo bizaba ari byiza kuri twe na we, ariko ntabwo mfasha umuntu uwo ari we wese kugira ngo mugereranye n’umukinnyi wa Argentine.”

Ati “Muziho bike kandi arahatana koko ndetse afite n’ibitekerezo byiza.”

Yongeyeho ati “Ari ku rwego rwo hejuru, yifitiye icyizere, kandi ntagira ubwibone.”

Ati “Yigirira icyizere akumva ko agiye gutsinda igitego kandi nk’umuntu wa mbere wageze muri shampiyona amaze gutsinda ibitego 50, kandi nkanganya amateka yo gutsinda ibitego nk’abanyabigwi Andy Cole na Alan Shearer.”

Christian

Recent Posts

Hatangajwe ingengabihe y’Amavubi mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi

Kuri uyu wa Kane tariki 2 Gicurasi 2024, byemejwe ko ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'Umupira…

9 hours ago

Hatangajwe igihe cyo gukorera impushya hifashishijwe ikoranabuhanga mu Busanza

Polisi ishami rishinzwe ibizamini n'impushya zo gutwara ibinyabiziga ryemeje ko rigiye gutangira gukoresha ibizamini hifashishijwe…

11 hours ago

FERWAFA yakomoje ku gikombe yahaye Rayon Sports kikameneka kitarenze umutaru

Nyuma y'uko ikipe ya Rayon Sports y'Abagore ishyikirijwe igikombe yarimaze gutsindira mu irushanwa ry'igikombe cy'Amahoro…

14 hours ago

Igikapu Lil Uzi aherutse guserukana ku rubyiniro gihagaze arenga miliyoni 200 y’u Rwanda

Igikapu umuraperi Lil Uzi aherutse guserukana ku rubyiniro mu gitaramo cya Coachella mu cyumweru gishize…

15 hours ago

Umukinnyi wa Basketball y’abagore Brittney Griner yahishuye uko yaragiye kwiyahura ubwo yarafungiye mu Burusiya

Umukinnyi wa Basketball y'abagore Brittney Griner, ukina muri NBA yatangaje ko yatekereje kwiyahura mu byumweru…

17 hours ago

Burundi: Perezida Evariste Ndayishimiye yabwiye abenegihugu ko aribo biteza ubukene

Perezida Ndayishimiye Evariste ubwo yitabiraga umuhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'umurimo mu Ntara ya Kayanza…

22 hours ago