IMIDERI

Kim Kardashian aravugwaho kubenguka umukinnyi wa Los Angeles Lakers

Umunyamideli Kim Kardashian akomeje kwibazwaho na benshi nyuma yuko aketsweho kubenguka umukinnyi ukinira ikipe ya Lakers ariko akaryumaho.

Kim akomeje kugarukwaho mu binyamakuru byinshi bimwibazaho ku muntu yaba yarabengutse mu ikipe ya Los Angeles Lakers nyuma yo kugaragara inshuro zitari imwe ubwo yitabiriye imikino yayo ya Playoffs.

Uyu munyamideli kuri ubu udafite uwo babyumva kimwe mu rukundo aravugwaho kubenguka umusore ukinira mu ikipe ya Los Angeles Lakers ariko akabigira ubwiru.

Gusa hari amakuru avuga ko Kim Kardashian ngo nta mukinnyi n’umwe wa Los Angeles Lakers akundana nawe n’ubwo yagaragaye ku kibuga mu mikino ibiri iheruka ya Playoffs.

Muri iki cyumweru umukino wa Lakers na Warriors, Kim yagaragaye yicaye mu ntebe z’imbere hamwe n’inshuti ye Sarah Staudinger. Amafoto yasangiwe ku mbuga nkoranyambaga niyo yatumye havugwa ko hari uwo yabengutse mu rukundo yaba ariwe yagiye gushyigikira.

Umwe watangarije ikinyamakuru TMZ avuga ko ibyo akekwaho by’urukundo ataribyo, ndetse ko nta muntu uwo ari we wese bashudikanye mu ikipe, ko ahubwo yarahari kugira ngo yishimane n’inshuti ye ndetse no gushyigikira ikipe ya Lakers isanzwe ibarizwa mu Mujyi yavukiyemo.

Mu manya bari bicayemo hari kandi usanzwe ari umu-Agent wa Kim, Ari Emanuel, usanzwe ari umugabo wa Sara.

Kim Kardashian yabaye umukunzi wa siporo mu myaka mike ishize, aho yagiye ajyana abana be mu birori haba muri L.A. ndetse n’ahandi hatandukanye.

Yagiye agaragara yagiye gushyigikira imikino imwe n’imwe arikumwe n’umuhungu we Saint, i Los Angeles cyangwa yagiye arikumwe n’abandi bagenzi be bagiye kureba imikino itandukanye.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago