MU MAHANGA

Abasirikare bakomeye ba FARDC baherutse gucika imirwano bari bahanganyemo na M23 basabiwe kwicwa

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabiye abasirikare 11 bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igihano cy’urupfu, nyuma yo kubashinja “kuba ibigwari no guhunga umwanzi” ubwo bari ku rugamba.

Aba basirikare barimo ba Ofisiye batanu bamaze iminsi baburanishwa, nyuma yo gushinjwa guhunga urugamba ubwo bari bahanganye mu ntambara n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.

Alexis Olenga wunganira mu mategeko Lt Col. Gabriel Paluku Dunia uri muri bariya basirikare, yabwiye Televiziyo ya TV5 Monde ko abaregwa batigeze bahunga urugamba cyangwa ngo bate ibirindiro byabo byari ahitwa Café Lushangi, hafi y’Umujyi wa Sake.

Abaregwa biteganyijwe ko bazongera kugezwa imbere y’urukiko rwa gisirikare rw’i Goma rubaburanisha, ku wa 5 Mata 2024.

Mu gihe baba bahamijwe ibyaha baregwa, baba abantu ba mbere bashobora guhanishwa igihano cy’urupfu Leta ya Congo iheruka gusubizaho nyuma y’imyaka 21 yaragisubitse.

Muri uku kwezi kwa Werurwe ni bwo Kinshasa yatangaje ko isubijeho igihano cy’urupfu, mu rwego rwo guhangana by’umwihariko n’abasirikare bagambanira igihugu cyo kimwe n’abandi bantu bakora ibikorwa by’urugomo ruteza impfu mu bice by’imijyi.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago