MU MAHANGA

Papa Francis yasabye ko Intambara ya Gaza ihagarikwa

Mu butumwa yagejeje ku bihumbi 60 by’Abakristu ku munsi mukuru wa Pasika, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis yasabye ko Intambara imaze guhitana ubuzima bwa benshi muri Gaza yahagarikwa.

Papa Francis yasabye ko Intambara ibera muri Gaza ihagarikwa byihuse kandi ko imfungwa zifungiwe muri Israel zose zari zarajyanwe mu bunyago zirekurwa ibi aka yabigarutseho mu butumwa yagejeje abitabiriye Misa ya Pasika yabereye muri Bazilika yitiriwe Mutagatifu Petero i Vatican.

Ku cyumweru, Papa Francis w’imyaka 87, yongeye guhamagarira Isi yose guhagarika imirwano.

Mu ijambo rye ubwo yatangaga umugisha yagize ati “Nongeye gusaba ko Gaza yoroherezwa kubona ubufasha bw’ikiremwamuntu, kandi nkongera guhamagarira ko imfungwa zarekurwa bidatinze zafashwe ku ya 7 Ukwakira gushize ndetse no guhagarika imirwano muri ako gace.”

Yakomeje agira ati”Ni kangahe tuzabona imibabaro mu maso y’abana bacu, abana bibagiwe kumwenyura muri utwo duce tw’intambara. Mu maso yabo abana bahora batubaza: Kuki? Kubera iki izi mpfu? Kuki bashaka kubarimbura? Avuga ko intambara iteka ari amahano kandi ko ibikwiriye gutsindwa “.

Francis yamaganye icuruzwa ry’abantu kandi ko bakwiriye gusengerwa ku bafite ibibazo by’ihohoterwa, inzara n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, ndetse no guhumuriza “abahohotewe mu buryo bwose”.

Aha kandi Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yanavuze ko abatuye Isi n’Abakirisitu muri rusange bahura n’ibigeragezo n’ibindi bibagusha mu byaha, bityo bagomba guhora biyambaza Kristu wazutse kuko ari we ubabarira.

Papa Francis yasabye ko Intambara ibera muri Gaza yahagarikwa

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago