Rayon Sports ishaka kwandikira amateka muri sitade Amahoro yamanuye ibikonyozi mu myitozo

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024, Ikipe ya Rayon Sports yakoze imyitozo yitegura mukeba wayo APR FC aho yari ifite abakinnyi 26 biganjemo abaturutse mu mahanga yose.

Mu bakinnyi 26 bakoze imyitozo kuri uyu wa gatatu harimo abagera kuri batanu baturuka muri Afurika y’ Uburengerazuba bari mu igeragezwa, umunyezamu ukomoka muri Congo Kinshasa wakiniraga Dauphins Noir, Jackson Lunanga wari mu izamu ubwo Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 yanyagirwaga na Congo U23 ibitego 5-0.

Mu bandi bayigaragayemo harimo Abarundi barangije kumvikana n’iyi kipe barimo Fred Niyonizeye wakiniraga Vital’o,yatwaye igikombe mu Burundi, akaba umukinnyi wa shampiyona, ndetse na Nduwimana Franck wakiniraga Musongati yabaye iya gatatu, aho yatsinze ibitego 18 akanatanga imipira itandatu yavuyemo ibindi muri shampiyona ishize.

Nyuma y’imyitozo ya mbere, umutoza Julien Mette wari kumwe na Rwaka Claude utoza ikipe y’abagore yatangaje ko yatunguwe n’uburyo abakinnyi be bahagaze neza kandi bamaze igihe badakina, yizeza n’aba-Rayon ko bazegukana intsinzi kuri uyu wa gatandatu.

Yagize ati: “Twagize imyitozo myiza aho natunguwe n’urwego abakinnyi bariho kandi hashize ibyumweru nka bitatu duhagaritse shampiyona. Ni ikintu cyerekana ko ahari aho bari bakoraga bityo twizeye kuzitwara neza kuri uyu wa gatandatu”.

“Tugomba gutsinda APR FC kuko iyo tugiye mu kibuga ni yo iba ari intego yacu ya mbere, kandi tuzakora ibishoboka ngo tubatsinde nubwo wenda hari benshi mu bakinnyi twifuza tutari twabona.”

Mu bakinnyi ba Rayon Sports isanganywe batagaragaye kuri uyu wa gatatu harimo nka Serumogo Ally uri mu igeragezwa hanze na Mucyo Didier, mu gihe Arsene Tuyisenge we yarangije kujya muri mukeba APR FC na ho Muhire Kevin akaba yari mu ikipe y’igihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *