Basketball: Hungary yakatishije itike yo kuzakina igikombe cy’Isi kizabera mu Budage 2026

Ikipe y’igihugu ya Hungary yegukanye umwanya wa mbere mu mikino y’amajonjora y’ibanze yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi itsinze Sénégal amanota 63-47 imikino yaberaga i Kigali.

Uyu mukino wa nyuma wabaye ku Cyumweru, tariki 25 Kanama muri BK Arena, uhuza Hungary na Senegal, amakipe yombi yari mu itsinda C.

Ni umukino watangiye amanota yegeranye cyane aho amakipe yombi yafashwaga n’abakinnyi barimo Ndioma Kane na Virag Kiss, Agace ka mbere karangiye Hungary iyoboye umukino n’amanota 13 kuri 12 ya Sengal.

Mu gace ka kabiri, umukino wakomeje kugorana cyane kuko amakipe yombi yatsindaga, ariko Hungary ikomeza kujya imbere. Igice cya mbere cyarangiye ikipe ya Hungary iyoboye n’amanota 33 kuri 26 ya Senegal.

Hungary yakomeje kugaragaza ko ishobora kwegukana uyu mukino kuko yakomeje kujya imbere, agace ka Gatatu nako yakegukanye ku manota 49 kuri 34.

Umukino warangiye Hungary itsinze Sénégal amanota 63-47, itwara umwanya wa mbere ndetse yegukana itike yo kwerekeza mu ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi (FIBA Women’s World Cup Qualifying Tournament) iteganyijwe muri Werurwe 2026.

Hatowe abakinnyi batanu bitwaye neza ndetse yagaragayemo umukinnyi w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Murekatete Bella, Virag Kiss na Reka Lelik bakinira Hongrie Ndioma Kane wa Senegal ndetse na Holly Winterburm wa Grade-Bretagne.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *