Amatariki y’umukino wa APR Fc na Rayon Sports yahinduwe, ntibyakirwa neza

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Umukino wagombaga guhuza APR FC na Rayon Sports wari uteganyijwe tariki 19 Ukwakira 2024, wasubitswe nyuma yaho APR FC itanze ubusabe ko ingengabihe isanzwe ya Shampiyona yakubahirizwa, umukino ugashakirwa undi munsi wakinwaho.

Aya makipe azwi ho guhangana cyane (bakayita abakeba) mu Rwanda, yagombaga guhurira kuri Stade Amahoro tariki 19 z’uku kwezi mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa gatatu wa shampiyona wagombaga gukinwa tariki 14 Nzeri ubwo APR FC yahuriraga na Pyramids FC kuri icyo kibuga.

APR FC yandikiye Urwego rutegura Shampiyona y’icyiciro cya mbere (Rwanda Premier League) irubwira ko itumva impamvu uyu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa gatatu wa shampiyona waje mbere y’ibindi birarane bibiri ifite, bityo isaba ko hakurikizwa ingengabihe ya nyayo ya shampiyona.

Chairman wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Youssuf Hadji, yemeje ko umukino Rayon Sports yari guhuramo na APR FC ku wa 19 Ukwakira, wasimbujwe uwo iyi kipe ya APR FC izahuramo na Gasogi United ku munsi wa gatandatu.

Ati: “Twari twazanye “derby” mbere kubera ko nta handi twari twabonye tuyishyira muri week-end nk’umukino ukomeye. Tugiye gukurikiza ingengabihe ya Shampiyona isazwe, bivuze ko APR FC izahura na Gasogi United kuri uwo munsi.”

Amakuru ahari ni uko nyuma y’umukino w’u Rwanda na Bénin tariki ya 15 Ukwakira 2024, ikibuga cya Stade Amahoro kizaba gihagaritswe gukoreshwa kugira ngo kibanze gitunganywe neza ndetse hanakorwe imwe mu mirimo itari yarangiye neza.

Abakundi ba ruhago banenze uyu mwanzuro wa Rwanda Premier League bashingiye kuri ayo makuru maze bakeka ko ntayandi mahirwe ahari yo kubona stade amahoro vuba, bityo ko aho bazajyana uyu mukino hose bizabishya ubukeba.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *