IMYIDAGADURO

Wema Sepetu yikomye abamushinja kwibagisha ngo atakaze ibiro

Wema Sepetu yababajwe cyane n’abantu bakomeje kumubaza impamvu yatakaje ibiro, bakavugako ashobora kuba yaribagishije(surgery) kugirango abigabanye, ibintu yamaganiye kure.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka ni bwo Wema Sepetu yatangiye urugendo rwo kwinanura ibintu bitakiriwe neza n’abafana be, ariko akavuga ko ari zimwe mu nama yagiriwe n’abaganga kugira ngo arebe ko yazabyara nyuma yo gukuramo inda.

Abakurikirana uyu mukobwa ntibanyuzwe n’ubusobanuro yakomeje kugenda atanga, noneho bagera aho bavuga ko yibagishije kugira ngo yinanure.

Ibi byarakaje uyu mukobwa avuga ko ibyo byose bivugwa nta na kimwe abiziho kandi ko ibyo yakoze yabikoze ku mpamvu ze.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yabakuriye inzira ku murima,ahakana ibimuvugwaho.

Yagize ati“ibintu ngo byo kwibagisha, gukuramo inda byagenze nabi, kwibagisha kugira ngo nanuke(Liposuction), bibarebaho iki? Mundeke”

“Ntabwo mwumva ko mufite imico mibi. Murambangamira mushatse mwabireka. Murambangamira mundeke, nyuzwe n’uko meze.”

Wema Sepetu yihanangirije abamushinja kwibagisha(Surgery)ngo agabanye ibiro

Wema Sepetu umwe mu bakinnyi ba filime bakomeye muri Tanzania, akaba yaranavuzweho urukundo n’umuhanzi Diamond, amakuru yavugaga ko yatakaje ibiro bigera muri 40.

Cyane ko no mu mafoto agenda ashyira ku mbuga nkoranyambaga akoresha bigaragara ko yananutse ugereranyije n’uko yari ameze mu myaka yatambutse.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

6 hours ago

Burundi: Abantu bataramenyekana bateye za Grenade mu Tubari

Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, kuwa 05/05/2024 Abantu bataramenyekana baraye bateye za Grenade mu…

6 hours ago

Harmonize ari kwikomanga mu gatuza nyuma yo guca agahigo ka Diamond Platnumz

Umuhanzi wamamaye muri Tanzania Harmonize ari kwicinya icyara muri nyuma yo aciye agahigo kari gafitwe…

10 hours ago

Abafana ba Rayon Sports barashimira RGB yabakuye mu bibazo by’imiyoborere mibi

Kuri ubu abafana ba Rayon Sports bari baragiye mu gihirahiro kubera ikipe yabo yari iyobowe…

13 hours ago

Muhanga: Abanyeshuri 15 bakoze impanuka umwe anakuka amenyo ane

Abanyeshuri biga mu Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya TSS St Sylvain bari baje mu marushanwa ya…

1 day ago

U Rwanda rwanyomoje Amerika yarushinje kurasa mu nkambi iri hafi ya Goma

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…

3 days ago