Umuvugizi wa Rayon Sports Nkurunziza Jean Paul yashyize hanze amatariki y’ubukwe bwe

Umuvugizi w’Ikipe ya Rayon Sports Nkurunziza Jean Paul yashyize hanze amatariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Gogo Nkusi.

Nkurunziza Jean Paul wigeze gukora n’umwuga w’itangazamakuru, ashyize hanze amatariki y’ubukwe bwe nyuma y’igihe yambitse impeta y’urukundo umukunzi we Goreth Nkusi.

N’impeta y’urukundo Jean Paul yambitse umukunzi we mu mpera y’umwaka ushize 2022, aho yavuze ko bari bamaranye igihe bakundana.

Icyo gihe umukobwa ntiyazuyaje yahise yemera ko agiye kuzamara ubuzima bwe bwose arikumwe nawe.

Kuri ubu Jean Paul Nkurunziza yashyize hanze amatariki y’integuza y’ubukwe bwabo buzaba tariki 2 Nyakanga 2023.

Icyakora Jean Paul yirinze kugira ibindi atangaza byerekeye naho ibirori bizabera ndetse n’indi mihango ishobora kuyiherekeza.

Mu magambo y’icyongereza yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze Jean Paul yagize ati “Igihe namenyaga ko ariwowe nashakaga kuzamara ubuzima bwanjye bwose, nahise nifuza ko ubuzima bwanjye bwose busigaye bwatangira vuba bishoboka.”

Jean Paul Nkurunziza na Gogo bamaze igihe mu rukundo

Yongeraho ati “Reka tubikora ibi mukunzi.”

Ashimangira ko bakwiriye gukorana amateka bombi arangije arenzaho emoji y’umutima.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *