Tour du Rwanda: Umunyarwanda yakoze ikosa ryo gufata ku modoka asiganwa bimuviramo guhanwa bikomeye

Ngendahayo Jeremie yakuwe muri Tour du Rwanda 2024, yaciwe amande y’amafaranga y’u Rwanda angana n’ibihumbi 290, anakurwaho amanota 50 k’urutonde rw’umukino w’amagare ku isi.

Uyu musore ukinira May Stars ubwo bahagurukaga i Karongi berekeza I Rubavu ku munsi w’ejo mu gace ka 4, yakoze amakosa yisunga imodoka ayifataho kugira ngo imufashe kuruhuka.

Ibi ntabwo byemewe ariyo mpamvu yahanwe bikomeye.

Ku rundi ruhande, Ubuyobozi bwa tekinike muri Tour du Rwanda bwatangaje ko mu itangwa ry’ibihembo nyuma ya Etape ya Karongi -Rubavu (93Km) habayemo kwibeshya hagahembwa Habteab Yohannes (Bike Aid) nk’uwakoze Sprint neza aho guhemba Umunyarwanda, Munyaneza Didier bityo akaba agomba gusubizwa igihembo.

Muri Tour du Rwanda, Kuri uyu wa Kane harakinwa agace ka gatanu aho abasiganwa barahaguruka i Musanze bajya mu Kinigi, kuri bilometero 13 zizamuka.

Uyu munsi n’ugusiganwa umuntu ku giti cye, Individual Time Trial (ITT).

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *