Ikipe yo mu Bwongereza yahanishijwe gukurwaho amanota

Nottingham forest ibarizwa muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza yahanishijwe gukurwaho amanota ane nyuma yo kutubahiriza amwe mu mategeko ya Premier League agenga imari mu rurimi rw’icyongereza ibizwi nka profitability and sustainability rules (PSR).

Iki n’igihano Forest ihawe gitumye ijya ahabi kurushaho n’ubwo yari mu makipe amanuka kuko ubu yicaye ku mwanya wa 18 ku rutonde rwa Premier League n’amanota 21, irushwa amanota abiri na Luton iri ku mwanya wa 17. Ubujurire bushobora gukurikiraho.

Mu butumwa batangaje bakimara kumva icyo gihano, ikipe ya Forest yavuze ko itunguwe n’ibyemezo byafashwe byo gukurwaho amanita yizera ko bikwiriye gushishozwa.

Nottingham Forest yakuweho amanota 4 muri shampiyona ya Premier League

Forest yahamwe n’icyaha cyo kutubahiriza amategeko agenga isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi muri Mutarama 2024 hamwe na mugenzi wayo Everton.

Nubwo Everton yakuweho amanota 10, yaje kujurira aba 6 mu gihe iyi Forest yo yakaswe 4 gusa.

Forest mbere y’aho, yarushaga amanota 3 ikipe ya Luton yari ku mwanya wa 18. Bombi baheruka kunganya igitego 1-1.

Forest yakoresheje amafaranga menshi ku isoko kuva yagaruka mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza mu mwaka w’imikino 2022-23.

Kuva muri iyo mpeshyi, abakinnyi bagera kuri 43 baje kuri City Ground baguzwe miliyoni zirenga 250 z’amapawundi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *