Ijambo ry’umugore wa nyakwigendera Dr Adel Zrane ryakoze benshi ku mutima ubwo yamusezeragaho atwite

Abayobozi batandukanye barimo n’abakinnyi b’ikipe ya APR Fc basezeyeho bwa nyuma Dr Adel Zrane warusanzwe ari umutoza wongera imbaraga abakinnyi uherutse kwitaba Imana mu rugo iwe mu buryo butunguranye.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 5 Mata 2024, witabiriwe n’umuryango mugari wa APR FC n’abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda mbere y’uko umurambo we ujyanwa aho nyakwigendera akomoka muri Tunisie akaba ariho azashyingurirwa.

Dr Adel Zrane yitabye Imana ku wa Kabiri, tariki ya 2 Mata, azize urupfu rutunguranye.

Mu magambo yavuzwe n’umugore we Maha Baer bari basanzwe babana yatunguye benshi aho yavuze ko umugabo we yari umwe mu bari barakunze u Rwanda kuko yari yaratangiye gutegura kuhatura.

Umugore wa nyakwigendera Maha Baer yahishuye ko amusize atwite

Ati “Adel yakundaga u Rwanda. Yarufataga nk’iwabo ha kabiri ndetse twateganyaga kurerera umuhungu wacu w’imyaka ibiri n’undi ugiye kuvuka mu Rwanda.”

Umugore wa Nyakwigendera yashimiye umugabo we, avuga ko azita ku muhungu wabo w’imyaka ibiri ndetse n’undi uri mu nzira (atwite).

Chairman wa APR FC, Col Karasira Richard, yavuze mu izina ry’ubuyobozi bwa APR FC n’ubw’Ingabo z’Igihugu.

Ati “[Dr Zrane] yari umutoza utuma ikipe yacu imera neza. Yari inshuti ya bose nk’uko mwabyumvise. Reka tumwifurize kujya aheza.”

“Yitabye Imana ku mpamvu z’uburwayi butunguranye, yari umusore ariko umutima wagize gutya urahagarara. Twari tumaranye na we iminsi, kubyakira byaragoranye.”

“Twari dufitanye imishinga, umugore we ni ’Senior therapist’ naho murumuna we ni muri urwo rwego. Hari ibyo twashakaga kuzakorana kuko ni ibintu ubona bitaba inaha.”

Umuvandimwe wa Nyakwigendera Amine Zrane yavuze ko mu bihugu byose Adel yagiyemo birimo Jordanie, Arabie Saoudite, Mauritanie na Tanzania, yakunze u Rwanda n’ikimenyimenyi ari ho Imana yemeye ko ashiriramo umwuka.

Umuvandimwe wa Dr Adel, Amine Zrane nawe yemeje ko yakundaga u Rwanda cyane

Abafana ba APR FC n’ubuyobozi bw’Ikipe bashyikirije impano umuryango wa Dr Adel Zrane uhagararariwe n’umugore we, Maha Baer na murumuna we, Amin Zrane.

Umurambo wa nyakwigendera Dr Adel wateruwe n’abakinnyi yahoze atoza muri APR Fc
Kapiteni wa APR Fc yarayoboye abandi muri uwo muhango

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *