Umubare w’abahitanywe n’ibiza muri Ethiopia ukomeje kwiyongera

Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe guhuza ibikorwa by’ubutabazi (OCHA) bivuga ko impfu zatewe n’inkangu muri Ethiopia zazamutse zigera kuri 257, ariko biteganijwe ko umubare w’abahitanwa na nyuma uzaba 500.

Kuri uyu wa Kane, tariki 25 Nyakanga 2024, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryashyize ahagaragara iyo mibare nyuma y’isenyuka ry’akarere ka Gofa k’imisozi gaherereye mu majyepfo ya Ethiopia, irya mbere ryatewe n’imvura nyinshi yaguye ku wa mbere, irya kabiri rikaba ryaribasiye abari baje gutabara abantu.

Umubare w’abapfuye bavuguruwe wiyongereyeho 28 ku mibare yatanzwe na komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya ibiza muri Ethiopia ku wa kabiri (National Disaster Risk Management Commission).

Abantu babarirwa mu magana barwanije icyondo gitukura ahabereye ibiza mu gace ka Kencho Shacha, bashakisha abarokotse inkangu yahitanye abantu benshi.

OCHA yagize ati: “Abantu barenga 15.000 bafite ibibazo bakeneye kwimurwa.” Iyi mibare yarimo byibuze abana 1.320 kimwe n’abagore batwite 5.293 n’ababyeyi bashya.

Ikigo cya Leta cya Ethiopia gishinzwe gutangaza amakuru (EBC) cyatangaje ko benshi mu bishwe bashyinguwe nyuma yo kujya gufasha abatuye mu nzu yibasiwe n’inkangu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *