IMYIDAGADURORWANDAURUKUNDO

Kate Bashabe aravugwa mu rukundo n’umuhungu wa Perezida

Umunyamideli akaba n’umushabitsi Kate Bashabe aravugwa mu rukundo n’umuhungu wa Perezida w’igihugu cya Afurika y’Epfo, Ramaphosa Tumelo.

Advertisements

Uyu muhungu wa Perezida uyoboye Afurika y’Epfo kuri ubu Cyril Ramaphosa, Tumelo Ramaphosa yagaragaje amarangamutima yo kwihebera umunyarwandakazi Kate Bashabe.

Umushoramari Tumelo, yashyizeho ifoto ya Kate Bashabe kuri story ya Instagram ye maze arenzaho amagambo agira ati “My Universe”  arenzaho aka emoji k’inyenyeri.

Kate Bashabe ntiyakunze kuvuga cyane mu bijyanye n’urukundo kuko akenshi yagiye abihishira bikomeye.

Ikindi kandi ugiye kureba ku mbuga nkoranyambaga zaba bombi usanga buri wese akurikira undi.

Tumelo Ramaphosa umuhungu mukuru wa Cyril Ramaphosa yabyaye ku mugore wa gatatu, Dr Tsepo Motsepe, akaba ari umushoramari washoye mu bijyanye no gucuruza inyama zihenze biciye muri kompani ye yashyize izwi nka StudEx Group.

Uyu Tumelo kandi azwiho kuba akora no mu bijyanye na Crypto Currency.

Tumelo wihebeye Kate Bashabe arikumwe na Se, Cyril Ramaphosa
Kate Bashabe aravugwa mu rukundo n’umuhungu wa Perezida wa Afurika y’Epfo
Kate Bashabe ntiyakunze kuvuga byinshi ku rukundo yabaga yavuzweho

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *