Minisitiri wa Siporo Mimosa yahaye umukoro abakinnyi b’Amavubi bitegura guhura na Mozambique-AMAFOTO

Ubwo yasuraga ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru mu bagabo ‘Amavubi’, Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yabasabye abakinnyi ko igihe kigeze bagashimisha Abanyarwanda.

N’igikorwa cyabereye aho iy’ikipe imaze iminsi icumbikiye mu mwihererero wo kwitegura ikipe ya Mozambique bafitanye umikino wo gushaka itike yo kwitabira igikombe cy’Afurika iteganyijwe kuba mu mpera z’iki cyumweru.

Image
Minisitiri Mimosa yabwiye Amavubi yitegura Mozambique ko bagomba kuyishakaho intsinzi

Minisitiri Mimosa ubwo yasuraga abakinnyi b’Amavubi yababwiye ko bashyigikiwe ariko nabo bafite umukoro wo ukomeye wo gushaka intsinzi ku ikipe ya Mozambique kugira ngo bashimishe Abanyarwanda.

Yagize ati “Urugamba muriho ntimuri mwenyine natwe nk’Abanyarwanda tururiho, baba abari hano n’abari hanze y’Igihugu”

Abakinnyi nabo bagaragaje ko biteguye gutanga ibyo bafite byose kugira ngo bazamure ibendera ry’u Rwanda.

Umukino wa mbere wahuje impande zombi wabereye mu gihugu cya Mozambique warangiye u Rwanda ruhakuye inota rimwe nyuma y’uko umukino urangiye ari igitego 1-1.

Image
Minisitiri Mimosa yarikumwe n’abayobozi ba FERWAFA

Umukino w’ikipe y’Igihugu y’Amavubi na Mozambique uteganyijwe kuba tariki 18 Kamena 2023, ukazabera kuri stade mpuzamahanga ya Huye.

Ni umukino impande zose yaba mu bakinnyi no mu batoza bazi neza ko finale kuri bo dore ko ikipe y’u Rwanda mu itsinda iherereyemo arirwo rwa nyuma n’amanota abiri rukaba nta mukino n’umwe rurabasha gutsinda ngo rubone amanota atatu imbumbe.

Image
Abakinnyi nabo biyemeje gukora ibishoboka ngo bagashimisha Abanyarwanda

U Rwanda ruherereye mu itsinda rya L aho irikumwe n’ikipe ya Senegal yamaze gukatisha itike, Mozambique yicaye ku mwanya wa kabiri n’amanota 4, na Benin iri ku mwanya wa gatatu nayo ifite amanota 4, u Rwanda rugaheruka n’amanota 2.

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ aheruka kwitabira igikombe cy’Afurika mu mwaka 2004, ubwo yakinagamo abakinnyi nka Gatete Jimmy wanahehesheje ikipe y’u Rwanda itike, Jimmy Mulisa, Olivier Karekezi, Manamana, Jimmy Mulisa n’abandi benshi.

Image
Image

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *