Minisiteri y’Uburezi yakomoje ku mafoto y’abakobwa bifotoje ubwo basoza Kaminuza akavugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga

Minisitiri w’Uburezi Uwamariya Valentine yagize icyo avuga ku mafoto y’abakobwa babiri barangije Kaminuza aherutse kuri koroza ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko uburyo bifitoje budahesha agaciro Umunyarwanda.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Kigali Today dukesha iyi nkuru aho, yagarutse ku ndangagaciro zikwiye kuranga urubyiruko, by’umwihariko abageze ku rwego rwo kuyobora abandi, cyane cyane abarangije muri Kaminuza n’Amashuri makuru.

Ifoto iri muzavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga

Abajijwe ku mafoto amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga, ubwo abanyeshuri bishimiraga ko basoje amasomo muri Kaminuza imwe muzo mu Rwanda ubwo bari bamaze gushyikirizwa impamyabumenyi zabo, Minisitiri Uwamariya yanenze uburyo bitwaye.

Yagize ati “Ni bya bindi navugaga by’agakungu, ibyo basigaye barihaye ngo ni ugutwika, hari igihe urubyiruko rujya mu gakungu rutazi ingaruka cyangwa icyo bigaragaza nk’ishusho, muri gahunda yo kubatoza n’izo ndangagaciro bazigarukaho, ni ukubibutsa ko n’ubwo barangije kwiga hari imyitwarire bagomba kujyana muri sosiyete”.

Minisitiri Uwamariya yavuze ko ibyo bariya bakobwa bakoze, bibwiraga ko bikinira ariko kandi batazi ko biri gutanga ishusho mbi, ishobora kugira ingaruka kuri benshi ariko nabo itabasize, avuga ko gutoza urubyiruko bisaba kuruhora hafi.

Uyu yahisemo gukandagira ibitabo mu buryo bwo kwishimira ko arangije Kaminuza

Ati “Urubyiruko burya bisaba kuruba hafi kenshi no kuruganiriza kenshi, biriya byagaragaye habuzemo kwihesha agaciro, ni ukureba ese ni gute babyibutswa”.

Minisitiri yavuze ko n’ubwo ishuri ryatangaje ko ari abanyeshuri babikoze ku giti cyabo, ibyo ntibukuraho icyasha iryo shuri riba risizwe, aho yasabye amashuri kujya bibutsa abanyeshuri babo kurangwa n’indangagaciro z’umunyarwanda aho bari hose.

Ati “Ubuyobozi bwa Kaminuza burasabwa gushyiramo imbaraga, kugira ngo mu gihe bakoze umuhango nk’uruya habe imirongo ngenderwaho bye kugaragara nabi nk’ishuri”.

Arongera ati “Ririya shuri nabonye nyuma ritangaza ko ari abanyeshuri babikoze ku giti cyabo, ariko ntibikuraho ko bavuye muri iryo shuri, bishobora gufatwa nabi ku ishuri, hariya hagaragaye bake, ngira ngo ni nka batatu cyangwa bane, ariko ukabona bitanze isura ko ishuri ryose ko ariko rimeze”.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *