Nigeria: Pasiteri yibarutse imfura nyuma y’imyaka 15-AMAFOTO

Nyuma y’imyaka 15 bategereje urubyaro, umuryango w’umuvugabutumwa witwa Aniekan Essien ukomoka muri Nigeria bibarutse umwana wabo wa mbere.

Ku cyumweru, tariki ya 25 Kamena 2023, iyerekanwa ry’umwana byabereye ahitwa Akwa Ibom.

Umwe mu bari bayoboye uwo muhango niwe wasangije inkuru nziza abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram aho yanditse agira ati “Icyo Imana idashobora gukora n’ikidashoboka! Imyaka 15 yo kutagira umwana irarangiye. Imyaka 15 yo guhamagara mu gushima irarangiye. Imyaka 15 y’umubabaro no gutukwa irarangiye.”

“Ndasengera buri mugore cyangwa umugabo wizera Imana kubwubuhamya bw’uyu mwaka, IGIHE CYANYU N’IKI. Twishimiye ko tuzabyina namwe vuba. Turabishimiye Pasiteri na Madamu. Aniekan Essien, ”

Uyu muryango w’abavugabutumwa bivugwa ko wibarutse umwana w’umuhungu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *