Namibia: Minisitiri w’Intebe yahagarariye Perezida Kagame mu gusezera Dr Hage Geingob

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Ngirente Edouard yageze muri Namibia aho yahagarariye Perezida Kagame mu muhango wo gusezera mu cyubahiro no gushyingura uwahoze ari Perezia w’iki gihugu, Dr. Hage Geingob.

Perezida Dr. Hage Geingob wayoboraga Igihugu cya Namibia yitabye Imana ku 4 Gashyantare 2024, aguye mu Bitaro bya Windoek, mu bitaro byitwa Lady Pohamba aho yavurirwaga n’itsinda rye ry’abaganga. Dr. Hage Geingob yitabye Imana afite imyaka 82.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yihanganishije Monica Geingos; Madamu we ndetse n’abaturage b’iki Gihugu.

Mu butumwa Perezida Paul Kagame yanyujije kuri X ku wa 05 Gashyantare 2024, yafashe mu mugongo Madamu wa nyakwigendera.

Perezida Kagame yagize ati “Ndihanganisha cyane mushiki wanjye Monica Geingos, Umuryango wose ndetse n’abaturage ba Namibia ku bw’urupfu rw’umuvandimwe wanjye akaba n’inshuti yanjye Perezida Hage Geingob.”

Perezida Kagame mu butumwa bwe, yakomeje agaragaza ko Hage Geingob yaranzwe n’imiyoborere myiza ndetse no guhora ashakira ineza abaturage b’Igihugu cye n’Abanyafurika muri rusange.

Ati “Imiyoborere ye yaranzwe n’urugamba rwo kubohora Namibia, imirimo ye yose yo gukorera abaturage ndetse n’umuhate mu kubaka Afurika Yunze Ubumwe, bizahora bizirikanwa mu bihe biri imbere.”

Ibiro bya Perezida wa Namibia bitangaza ko kuva ku wa 22 Gashyantare 2024, abaturage n’abandi bayobozi b’ibindi bihugu batangiye umuhango wo kuzirikana no guha icyubahiro nyakwigendera Dr Hage Geingob.

Uyu muhango watangiriye ahitwa Casa Rosalia , ukomereza mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu naho Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Gashyantare 2024, umuhango wabereye mu busitani w’ingoro Nshingamategeko ya Namibia, ukomereza kuri sitade .
Umurambo wa Geingob uherekejwe n’imodoka za gisirikare kuri uyu wa Gatandatu wajyanywe kuri kuri Stade ya Independence iri Windhoek mbere y’uko hatangira umuhango wo kumusezerano.

Uyu muhango witabiriwe kandi n’abandi baperezida bo ku mugabane wa Afurika batandukanye barimo uwa Kenya, Dr Wiliam Ruto, Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, Felix Tsisekedi wa Congo , n’abandi.

Perezida Hage Gottfried Geingob wabaye Perezida wa gatatu wa Namibia, yari yagiye ku butegetsi muri 2015, yakoze imirimo inyuranye mu nzego Nkuru z’iki Gihugu.

Yabaye Minisitiri w’Intebe wa mbere w’iki Gihugu cya Namibia, kuva mu 1990 kugeza mu 2002, nanone yongera kugaruka kuri uyu mwanya kuva muri 2012 kugeza muri 2015 ubwo yatorerwaga kuba Perezida.

Abasirikare n’abari mu nzego z’ubuyobozi muri Namibia baza kumusezeraho
Ku ngoro y’umukuru w’Igihugu yasezeweho mu cyubahiro kimugomba
Umurambo wabanje kujyanwa guserwaho mu ngoro y’umukuru w’igihugu
Umurambo Dr Geingob wari utwikirije ibendera ry’Igihugu nk’ikimenyetso cyo kumuha icyubahiro nk’umukuru w’Igihugu
Ingeri zitandukanye z’abaturage ba Namania nubwo bari mu kababaro baje guherekeza ufatwa nk’umubyeyi wab
Inzego zitandukanye zari mu mihanda zaje guherekeza uwari Perezida wa Namibia
Abantu bitwaje ibendera ry’Igihugu bari baje guherekeza uwahoze ari Perezida wa Namibia
Inshuti za Namibia ziba muri iki gihugu zaje kumuherekeza
Imodoka ya gisiririkare kandi irinzwe niyo yatwaye umurambo wa nyakwigendera ubwo yerekezaga kuri sitade ya Wendoaek
Agahinda ni kenshi ku maso y’abaturage na Namibia
Abantu ni besnhi ku mihanda, abandi berekeje kuri sitade mu muhango wo kumuherekeza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *