Indirimbo ‘Jugumila’ y’Umuhanzi Chriss Eazy yahujemo abarimo Kevin Kade na Dj Phil Peter yasibwe kuri YouTube

Indirimbo ya Chriss Eazy, yise ‘Jugumila’ yahurijemo abarimo Kevin Kade na DJ Phil Peter na Kevin Kade ikaba yari muzabica bigacika muri iyi minsi yasibwe kuri Youtube nyuma y’uko hari uwitiriye iyo ndirimbo nk’igihangano cye n’uwitwa Icor Music.

Iyi ndirimbo yagiye hanze ku wa 21 Gashyantare 2024. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nibwo amashusho yayo yasibwe kuri YouTube bitewe nuko ishinjwa kuba ari inyibano.

Junior Giti ureberera inyungu za Chriss Eazy yabwiye Ikinyamakuru IGIHE dukesha iyi nkuru ko “Hari umuhanzi witwa Icor Music wayise iye kuko twari twabanje gusohora amajwi[Audio] yayo ku zindi mbuga mbere. Yarayifashe rero ayita iye, yatanze ikirego kuri YouTube ko igihangano ari icye bityo barayisiba”.

Junior Giti yasobanuye ko bari mu biganiro na Icor Music kugira ngo indirimbo igaruke cyangwa se abishyure ayo bayishoyemo ubundi bayimurekere kuko yagaragarije YouTube ko igihangano ari icye.

Indirimbo ‘Jugumila’ mu gihe kigeze ku minsi irinndwi yarimaze kurebwa n’abarenga ibihumbi 700 kuri YouTube

Nubwo Jugumila itagaragara kuri YouTube ariko ku zindi mbuga nka Spotify iracyariho.

Icor Music yayishyize kuri Boomplay, Instagram no kuri Tiktok ye. Icor Music yanasibishije amajwi ya Jugumila kuri Tiktok ku buryo hagaragaraho amashusho nta majwi.

Indirimbo kugira ngo igaruke kuri YouTube ba nyirayo barasabwa kuba bafite ibyangombwa byerekana ko ari igihangano cyabo mu by’ubwenge gitangwa n’Urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere (RDB), kugira ngo babyereke ubuyobozi bwa YouTube.

Izi nzira byanze ba nyiri igihangano bakwiyambaza Urwego rw’Ubugenzacyaha [RIB] rukabahuza bakumvikana ku neza cyangwa se uwiyitiriye igihangano agakurikiranwa mu mategeko.

Itegeko ritaganya ko umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 3Frw ariko itarenze miliyoni 5Frw.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *