Tanzaniya: Umudepite wanenze inkingo za Covid-19 ari gushakishwa

Bishop Josephat Gwajima, umudepite akaba n’umubwirizabutumwa muri Tanzania ari guhigwa nyuma y’amagambo aherutse gutangaza ashishikariza abaturage kwanga inkingo za Covid-19.

Guverinoma yasabye Polisi guta muri yombi Gwajima agahatwa ibibazo ku magambo mabi aherutse kuvuga ku nkingo za Covid-19.

Ni itegeko ryatanzwe na Minisitiri w’Ubuzima muri icyo gihugu, Dr. Dorothy Gwajima in Kyatunge, nyuma yo kubona ko amakuru uwo muvugabutumwa amaze iminsi atanga agamije kuyobya rubanda ku bijyanye n’inkingo.

Urugero, The Citizen yatangaje ko tariki 26 Nyakanga uyu mwaka, yabwiye abayoboke b’itorero rye mu mujyi wa Dar es Salaam ko inkingo ibihugu bikize biri guha Tanzania, hari ibindi bizihishe inyuma.

Yagize ati “Nagiye mu bihugu byinshi, nahuye n’abazungu kenshi ariko nta na rimwe bajya batanga ibintu by’ubuntu. Umuzungu nagira icyo aguha, umenye ko hari icyo agutegerejeho.”

Gwajima yakomeje yibaza aho inzobere za Tanzania mu buvuzi zagiye kugeza ubwo zemera ko inkingo za Covid-19 zinjizwa mu gihugu.

Uyu mugabo yavuze ko inkingo Tanzania yahawe zishobora guhitana abantu cyangwa zikabahindura inyamaswa.

Minisiteri y’Ubuzima muri Tanzania yatangaje ko idashobora kwihanganira umuntu nk’uwo ukwirakwiza ibinyoma bishobora gutera ubwoba abaturage cyangwa bikabangamira gahunda yatangiye yo gukingira.

Tanzania yatangiye guhagurukira icyorezo cya Covid-19 guhera muri Werurwe uyu mwaka ubwo Samia Suluhu yabaga Perezida asimbuye John Pombe Magufuli witabye Imana.

Bishop Josephat Gwajima ushinjwa gutangaza amakuru y’ibinyoma ku bijyanye n’inkingo za Covid-19.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *