URUBYIRUKO

Mu burasirazuba: Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwasabwe gukomeza kubumbatira umutekano w’U Rwanda

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yabwiye urubyiruko rw’abakorerabushake rwari rumaze iminsi itandatu mu mahugurwa yo gukomeza kwicungira umutekano ko ari rwo rufite inshingano ya mbere yo kuwubumbatira.

Yabivugiye mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda riri mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Ati: “ Turifuza urubyiruko rudakoresha ibiyobyabwenge, rudakora magendu, rurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, rudakora ubujura, urubyiruko rufite isuku, rurwanya ruswa, rutanga serivise nziza, urubyiruko rwimakaza umutekano, imibereho myiza ndetse n’iterambere ry’Abanyarwanda.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yasabye Urubyiruko rw’abakorerabushake gukomeza kwicungira umutekano

Abandi bitabiriye umuhango wo gusoza aya mahugurwa ni Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba CG Emmanuel K. Gasana, n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dusengiyumva Samuel.

Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba Emmanuel Gasana yavuze ko igihugu cyamaze kumenya uruhare rw’urubyiruko rw’abakorerabushake cyane cyane muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Yongeyeho ko uru rubyiruko rwagize uruhare mu guhashya ibyaha byambukiranya imipaka cyane cyane mu Karere ka Nyagatare, n’utundi turere tugize iriya Ntara.

Ati: “ Intara y’i Burasirazuba ifite urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha rugera kuri 76.593, ibi ni ibyishimo ku gihugu. Muri intangarugero ku kuba urungano rufite intego. Urungano rufite indangagaciro z’ubumwe, kwihangana, gukunda igihugu no gukora cyane.”

Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba Emmanuel Gasana yavuze ko igihugu cyamaze kumenya uruhare rw’urubyiruko rw’Abakorerabushake cyane cyane muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, ni itsinda ry’urubyiruko ryashinzwe mu mwaka wa 2013. Rukora ibikorwa by’ubukorerabushake mu guteza imbere Igihugu harimo no kukirindira umutekano.

Abasore n’inkumi 257 baturutse mu Turere turindwi tw’Intara  y’i Burasirazuba nibo bari bamaze iminsi itandatu  bahugurirwa mu ishuri rya Polisi rya Gishari (PTS-Gishari) bakaba basoje kuri uyu wa mbere tariki 25 Mata 2022, biyemeza kuzesa imihigo bahigiye imbere y’Abayobozi mu gihe kitarenze amezi atatu.

Urubyiruko rw’abakorerabushake rwo mu Ntara y’Iburasirazuba rwahize kubaka imirima y’ibikoni ibihumbi 50 no kubakira abatishoboye inzu 1,600 mu gihe kitarenze amezi atatu

AMAFOTO: Eastern Province twitter

DomaNews.rw

Recent Posts

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

10 hours ago

Burundi: Abantu bataramenyekana bateye za Grenade mu Tubari

Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, kuwa 05/05/2024 Abantu bataramenyekana baraye bateye za Grenade mu…

11 hours ago

Harmonize ari kwikomanga mu gatuza nyuma yo guca agahigo ka Diamond Platnumz

Umuhanzi wamamaye muri Tanzania Harmonize ari kwicinya icyara muri nyuma yo aciye agahigo kari gafitwe…

14 hours ago

Abafana ba Rayon Sports barashimira RGB yabakuye mu bibazo by’imiyoborere mibi

Kuri ubu abafana ba Rayon Sports bari baragiye mu gihirahiro kubera ikipe yabo yari iyobowe…

18 hours ago

Muhanga: Abanyeshuri 15 bakoze impanuka umwe anakuka amenyo ane

Abanyeshuri biga mu Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya TSS St Sylvain bari baje mu marushanwa ya…

1 day ago

U Rwanda rwanyomoje Amerika yarushinje kurasa mu nkambi iri hafi ya Goma

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…

3 days ago