Umunyerondo wagiriwe inama yo kutajya kukazi kubera gusinda yasanzwe munsi y’iteme yapfuye

Mu karere ka Rusizi haravugwa urupfu rw’umunyerondo wasanzwe munsi y’iteme yapfuye, nyamara yari yagiriwe inama yo kutajya kukazi kuko yari yasinze.

Uyu nyakwigendera yitwaga Bayavuge Dominique yari mu kigero cy’imyaka 43 yaguye mu Mudugudu wa Muhuta mu Kagari ka Gakoni ho mu Murenge wa Muganza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, Rwango Jean yabwiye UMUSEKE dukesha iy’inkuru ko ayo makuru nabo bayamenye ahagana Saa tatu za mu gitondo.

Aha yagize ati” Yarasanzwe akora irondo ry’umwuga ,ejo yari yagiye mu bukwe avayo bigaragara ko yahaze inzoga, ushinzwe umutekano amugira inama yo kujya kuryama ntajye ku irondo ageze mu rugo abirengaho yambara uniform nkugiye ku irondo ariko ku irondo ntibamubona mu gitondo bamusanze yapfuye”.

Gitifu Rwango avuga ko aho uyu mugabo yaguye atari ubwa mbere hapfiriye umuntu ati “Umuntu yatekereza ibintu bibiri aho yaguye mu myaka yashize bigeze kumpa amakuru ko hari umuntu wigeze kuhanyerera yikubita aho arapfa, umuntu yatekereza ko byamugendeye nk’uko cyangwa ugatekereza ko ari nk’abamwishe, RIB nihagera irafata umwanzuro.”

Yihanganishije umuryango wabuze umuntu asaba abaturage kwitwararika kunywa inzoga nyinshi, abazinywa bakabasha kwigenzura.

Ati “Umuntu akirinda kuba yanyura ahashyira ubuzima bwe mu kaga.”

Inzego z’umutekano zirimo RIB zageze aho nyakwigendera yaguye mu gihe umurambo wajyanwe ku bitaro bya Gihundwe gukorerwa isuzuma.

UMUSEKE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *