Imbere ya Perezida Kagame, ikipe y’Igihugu y’Abagore yakoze amateka yo gukatisha itike ya ½ muri Afrobasket

Imbere y’umukuru w’Igihugu nyakubahwa Paul Kagame wari waje kubashyigikira, ikipe y’Abagore ya Basketball yabashije gukora amateka ikatisha itike ya ½ mu gikombe cy’Afurika cy’Abagore.

Ni ubwa mbere mu mateka, ikipe y’u Rwanda y’abagore yageze muri ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Afurika cy’Abagore mu mikino y’intoki ya Basketball, ni nyuma yo gutsinda Uganda amanota 66 kuri 61.

Muri uyu mukino wa 1/4 cy’Igikombe cya Afurika cy’Abagore warebwe kandi na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa warikumwe n’umukuru w’Igihugu, u Rwanda rwatsinze Uganda bigoranye mu mukino rwabanje kurushwa bikomeye.

Perezida Kagame yarikumwe na Minisitiri wa siporo Mimosa Munyangaju

Agace ka mbere k’umukino, Uganda yaruhije bigaragara u Rwanda irutsinda ku manota 22 kuri 11 ndetse uburyo bwose bwabonetse yabutsinze mu gihe abakinnyi b’u Rwanda bagowe no gutsinda.

Icyakora u Rwanda rwabashije kugaruka mu mukino mu gace ka kabiri itsinda amanota 16-6 byatumye igice cya mbere cy’umukino kirangira rurushwa inota rimwe gusa kuko Uganda yatsinze 28 kuri 27 y’u Rwanda.

Abakinnyi u Rwanda rugenderaho nka Destiney Philoxy, Hope Butera na Sifa Joyeuse Ineza bagarutse mu gace ka gatatu bari hejuru batsinda amanota menshi byatumye basiga Uganda amanota 20 y’ikinyuranyo.

U Rwanda rwatangiye agace ka kane ruzana Janai Crooms nawe rugenderaho ariko wagowe n’uduce twabanje agora cyane Uganda.

Icyakora u Rwanda rwaje kurushwa cyane mu minota ya nyuma y’umukino binyuze ku mukinnyi wa Uganda ukomeye cyane Jannon Otto watsinze amanota 29 muri uyu mukino arimo menshi yo mu gace ka kane.

Otto wazonze ikipe y’u Rwanda

Nubwo u Rwanda rwananiwe gutsinda amanota menshi mu minota ya nyuma y’agace ka kane rwihagazeho amanota rwari rwazigamye ntiyavamo birangira rutsinze umukino amanota 66-61.

Kimwe mu byagoye Uganda n’imvune y’umukinnyi igenderaho Jane Asinde ndetse no kuba abandi bakinnyi bayo bari hasi uretse Otto.

Ikindi gisa n’icyagoye Uganda n’umunaniro yakuye ku mukino yaraye isezereyemo DR Congo iyitsinze amanota 78 kuri 62 bigoranye cyane.

Ejo saa kumi n’ebyiri z’umugoroba,muri ½ u Rwanda ruzahura n’itsinda hagati ya Nigeria na Mozambique bakina kuri uyu wa Gatatu nijoro.

Iki gikombe cya Africa gikinwa buri myaka ibiri kuva mu 1966 Senegal niyo yiganje kuko imaze kugitwara inshuro 11. Gusa ntigiheruka kuko Nigeria ariyo iherutse kugitwara inshuro eshatu yikurikiranya.

Nubwo Senegal yatangiye nabi itsindwa, yo na Nigeria zirahabwa amahirwe menshi, kongeraho Mali yatsinze bikomeye Guinea.

Abafana bari bitabiriye umukino ku bwinshi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *