Kayigamba Théophane wabaye umunyamakuru w’imikino yambitse impeta y’urukundo umukunzi we muri Australia-AMAFOTO

Kayigamba Théophane wamenyekanye cyane nk’umunyamakuru w’imikino mu Rwanda mbere yo kwimukira muri Australia mu 2018, agiye kurushinga na Hirwa Divine nyuma yo kumwambika impeta.

Tariki 19 Mata 2024 nibwo Kayigamba yafashe indege iva i Sydney aho asanzwe atuye yerekeza muri Leta ya Victoria mu Mujyi wa Melbourne, aho umukunzi we aba.

Uru rugendo rw’isaha n’iminota 45 mu ndege, Kayigamba yarukoze afite gahunda yo kwambika impeta umukunzi we bemeranyije no kubana.

Uyu munyamakuru yamenyekanye mu bitangazamakuru nka City Radio, Contact FM, Radio1 na TV1, yerekeje muri Australia mu mwaka 2015, aho yarasanze umukunzi we Divine waruhamaze imyaka igera kuri 15.

Ibirori byo kwambika impeta y’urukundo umukunzi we Divine byitabiriwe n’abarimo umuhanzi Umutare Gaby umaze igihe yibera muri Australia.

Harimo kandi n’inshuti z’umuryango, bivugwa ko mugihe cya vuba aba bombi bazakora indi mihango iherekeza nyiri zina ubukwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *