Itamar Einhorn ukinira ikipe ya Israel Premier-Tech yatwaye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya Israel Premier -Tech yatwaye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda 2024 kavaga Rukomo-Gicumbi kareshyaga na Km 158. nyuma y’igihe kinini ari mu bakinnyi batandatu bacomotse.

Mugenzi we bakinana, Peter Jospeh Blackmore byahise bimuhesha gukomeza kwambara umwenda w’Umuhondo.

Peter Jospeh Blackmore yakomeje kwambara umwenda w’umuhondo

Itamar Einhorn yari umwe mu bakundaga gucomoka cyane muri iri rushanwa rya Tour du Rwanda.

Ni inshuro ya kabiri Itamar Einhorn yegukanye étape muri iyi Tour du Rwanda kuko yatwaye étape ya 2 Muhanga-Kibeho kuwa mbere.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 24 Gashyantare 2024, hakinwe umunsi wa karindwi wa Tour du Rwanda, mu gace karekare kurusha utundi kahagurukiye mu Rukomo i Gicumbi gasorezwa i Kayonza ku ntera y’ibilometero 158.

Abakinnyi batandatu barimo na Itamar bayoboye isiganwa igihe kinini kugeza risojwe aho Itamar yahanganye n’undi mukinnyi umwe basize abandi.

Mu birometero bitanu bya nyuma,aba bari bafite ikinyuranyo cy’umunota n’amasegonda 40 gusa ku musozo bagabanyije basigamo amasegonga make.

Ni inshuro ya gatandatu Tour du Rwanda iri kuba ku iri ku rwego rwa 2.1 nyuma y’atanu aheruka, yegukanywe n’Abanya-Erythrée; Merhawi Kudus mu 2019, Natnael Tesfazion mu 2020, Umunya-Espagne Cristian Rodriguez, Natnael Tesfazion mu 2022 na Henok Mulubrhan mu 2023.

Tour du Rwanda yatangiye gukinwa mu 1988, yabaye mpuzamahanga kuva mu 2009, aho yashyizwe ku cyiciro cya 2.2 kugeza mu 2018.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *