U Rwanda rwahawe kwakira Icyicaro cy’Umuryango Mpuzamahanga gishinzwe Inkingo

U Rwanda rwahawe kwakira icyicaro cy’Ikigo cy’Umuryango Mpuzamahanga gishinzwe Inkingo, International Vaccine Institute, ku mugabane wa Afurika. Ni intambwe izafasha uyu mugabane kwihaza mu gukora ubushakashatsi bwerekeye inkingo.

Inama y’Ubutegetsi ya IVI, yemeje u Rwanda nk’ahantu hakwiye kuba icyicaro cyawo muri Afurika, rukaba rwatoranyijwe mu bihugu bitanu byari byatanze ubusabe.

Muri Kamena 2022 nibwo u Rwanda rwabaye Umunyamuryango w’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Inkingo (IVI), gifite inshingano yo kuvumbura, gukora, gutanga inkingo zizewe kandi zihendutse ku Isi yose.

U Rwanda rwasabye kwinjira muri IVI hashingiwe ku cyerekezo cy’iki kigo cy’ubufatanye bw’Isi yose mu gutuma inkingo ziboneka kandi zikagera kuri bose nta busumbane. Iyi akaba ari inzira nziza yo kurandura ibyorezo no kwimakaza gahunda nziza y’ikingira ku migabane yose.

U Rwanda kandi ruhawe icyicaro cya IVI, mu gihe mu mpera z’umwaka ushize hatashywe igice cya mbere cy’Uruganda rwa BioNTech ruzajya rukorera inkingo mu Rwanda.

Izi nkingo zizakorerwa mu Rwanda zizaba ari izo mu bwoko bwa messenger Ribonucleic Acid (mRNA). Ubu buryo bwo gukora inkingo ni bushya kuko bwatangiranye no gukora inkingo z’icyorezo cya COVID-19, gusa kugeza ubu hari no gukorwa ubushakashatsi kugira ngo izindi ndwara zirimo na Malaria zikorerwe izi nkingo zikoresha ikoranabuhanga rya mRNA.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana (uri ibumoso), Jerome H. Kim Umuyobozi w’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Inkingo ku Isi (uri hagati) na Dr Yvan Butera Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ubuzima

Perezida Kagame aherutse kuvuga ko ikorwa ry’inkingo ku mugabane wa Afurika rizateza imbere urwego rw’ubuzima kuri uyu Mugabane.

Yagize ati “Ikorwa ry’inkingo hifashishijwe ikoranabuhanga rya BioNTech rizafungura amahirwe yo kubona inkingo ku buryo bungana ku rwego rw’Isi. U Rwanda rwiteguye gutangiza uruganda rukora inkingo [rwifashishije ikoranabuhanga rya] m RNA mu bihe biri imbere, ku bufatanye na BioNTech ndetse n’abafatanyabikorwa bacu ku Mugabane wa Afurika no hirya yayo.”

Byitezwe ko uru ruganda ruzatangira rukora inkingo za COVID-19, ariko iri koranabuhanga rya mRNA ryamara kwemezwa no ku zindi nkingo, na zo zigatangira gukorerwa mu Rwanda. Ruzaba rufite ubushobozi bwo gukora doze miliyoni 50 z’inkingo ku mwaka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *