Umunyarwandakazi Lynda Ddane yavugishije benshi nyuma y’amashusho yagaragaye yambaye ubusa buri buri

Urubuga rwa Exclusive ruri mu zigezweho muri Uganda, rwatangaje ko aya mashusho yashyizwe hanze n’umuntu utaramenyekana ku wa 24 Mata. Ni amashusho yasakajwe muri ‘Insta Story’ ya K FM uyu mukobwa asanzwe akorera.

Uwayashyize ku rubuga byaje gutangazwa ko ari umu-hacker, yagaragaje ko yabikoze ashaka kwigisha isomo uyu mukobwa uri mu bakomeye mu myidagaduro ya Uganda.

Yakomeje avuga ko Ddane hari umusore witwa DJ Bryan yagiye yoherereza amashusho yambaye ubusa bikarakaza umukire wamuguriye imodoka yo mu bwoko bwa BMW X3.

Ku rubuga rwa Twitter rwa KFM, bahise bihutira kugaragaza ko binjiriwe bityo ubu butumwa n’aya mafoto by’uyu mukobwa ntaho bahuriye nabyo.

Ni ubwa kabiri mu kwezi kumwe gusa Lynda Ddane bashyira hanze amafoto ye yambaye ubusa.

Byaherukaga ku wa 13 Mata, uwashyize aya mashusho kuri Twitter wiyise amazina ya Lyndahddanenude yakangishije uyu mukobwa ko agiye gushyira hanze andi menshi yambaye ubusa ariko byongeye kugenda.

Yaranditse agira ati “Ubu mfite amashusho ya Lynda Ddane wa NTV Uganda ukora mu kiganiro (NTV The Beat), aya mashusho nzayashyira kuri konti ya TikTok.”

Amwe yagaragazaga uyu mukobwa ari kumwe n’undi mugabo mu gitanda andi ari wenyine.

Linda yagaragaye yambaye ubusa buriri
Linda asanzwe ari umunyamakurukazi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *