Danny Nanone yongeye kwitaba Urukiko, asabwa kujya yishyura indezo y’umwana

Kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023, Umuraperi Danny Nanone yongeye kwitaba Urukiko nyuma yo kuregwa n’umukobwa babyaranye imfura ye, aho amushinja kudatanga indezo, amafaranga y’ishuri no kwiyandikishaho umwana.

Ni urubanza rwabaye ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, Danny Nanone akaba yemereye Urukiko ko umwana amwemera gusa afite inyemezabwishyu z’uko ajya yishyurira umwana ishuri.

Umugore wabyaranye na Danny Nanone yasabaga Urukiko ko rwategeka uyu muraperi kwiyandikishaho umwana, gutanga indezo y’ibihumbi 150Frw buri kwezi hakiyongeraho n’amafaranga y’ishuri ibihumbi 80Frw cyane ko umwana yiga mu ishuri ry’ibihumbi 150Frw.

Yisobanura, Danny Nanone yavuze ko ikijyanye no kwandikisha umwana yagiye ku Murenge wa Nyamirambo basanga hari ibyangombwa ataruzuza ariko akibirimo, naho ku kijyanye n’indezo yavuze ko yabona ubushobozi bwo kwishyura ibihumbi 50Frw ku kwezi naho amafaranga y’ishuri yo yajya abona ibihumbi 40Frw.

Ikindi Danny Nanone yasabye Urukiko ni uko yahabwa umwana akaba yamurera niba koko uwo bamubyaranye avuga ko adafite ubushobozi, ndetse na duke ahawe ntiduhabwe umwana cyangwa ngo dukoreshwe neza mu nyungu z’umwana.

Nyuma yo kujya impaka zikomeye imbere y’Urukiko, umucamanza yavuze ko icyemezo cy’uru rubanza kizasomwa ku wa 20 Nyakanga 2023.

Uyu muraperi watangiye umuziki kera akunzwe mu ndirimbo yitwa ‘My Type’ ndetse na ‘Nasara’ yakoranye n’umuhanzikazi Ariel Wayz.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *