Munyenyezi yongeye gusaba urukiko kutazaryozwa iby’umuryango yashatsemo

Beatrice Munyenyezi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yasabiwe gufungwa ubuzima bwe bwose, ahita asaba urukiko kutazira umuryango yashatsemo.

Yabivuze ubwo yasabwaga n’urukiko kugira icyo avuga kuri icyo gihano Ubushinjacyaha bwari bumaze kumusabira.Yavuze ko abamushinja Jenoside ari ugushaka kumuharabika.

Imbere y’urukiko kuri uyu wa gatatu, taliki 28 Gashyantare 2028 , Munyenyezi n’abamwunganira babwiye urukiko ko ubuhamya bw’abamushinja butagaragaza uruhare rwe muri jenoside.

Urugero rwatanzwe ni nk’uwavuze ko Munyenyezi muri jenoside atari atwite mu gihe uruhande rwe ngo rwerekanye inyandiko igaragaza igihe yabyariye, ihamya ko muri jenoside yari atwite impanga.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko ubuhamya bushinja Munyenyezi bufite ishingiro kandi bwerekana uruhare yagize mu kwica Abatutsi mu mujyi wa Butare. Harimo n’abari abanyeshuri muri kaminuza y’u Rwanda yari aturanye nayo.

Uretse gushinjwa ubwicanyi, Munyenyezi ashinjwa no gushishikariza abakoraga Jenoside gufata abagore n’abakobwa b’Abatutsikazi ku ngufu.

Gusa ku ruhande rwe Ibi byaha arabihakana agashimangira ko byose ahanini biva ku muryango yashatsemo.

Ati” Icyaha ni gatozi, niba nzira umuryango nashatsemo ntabwo nagombye guhanwa kubera ibyaha byabo. Nizeye ubutabera.”

Umucamanza yatangaje ko umwanzuro kuri uru rubanza uzasomwa tariki 27 z’ukwezi gutaha kwa Werurwe.

Munyenyezi yoherejwe na Leta Zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda mu 2021 nyuma yo guhamwa no kurangiza igihano ku cyaha cyo kubeshya inzego z’abinjira n’abasohoka zaho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *